Abanyarwanda bari muri UAE na Bahrain basabwe kwiyandikisha bagahabwa ubufasha bakanitabwaho

img 20230805 wa0058
1772627009534img 4293

Abanyarwanda bari muri UAE na Bahrain basabwe kwiyandikisha bagahabwa ubufasha bakanitabwaho Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu [UAE] yahamagariye Abanyarwanda bari muri iki gihugu n’abari muri Bahrain muri gahunda z’ubukerarugendo babuze uko bava muri ibyo bihugu kwiyandikisha kugira ngo bahabwe ubufasha.

Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!

Ni ibikubiye mu itangazo iyi Ambasade yashyize hanze kuri uyu wa Gatatu binyuze ku mbuga nkoranyambaga. Yavuze ko iri gukurikiranira hafi ibijyanye n’umutekano wo mu Burasirazuba bwo Hagati, by’umwihariko mu bihugu bya  Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Bahrain, aho ifite inshingano zo kureberera inyungu z’Abanyarwanda bahatuye cyangwa bahagenda.

Iyi Ambasade yemeje ko kugeza ubu Abanyarwanda bose bari muri UAE no muri Bahrain bari amahoro, kandi ko nta makuru agaragaza ko hari uwagize ikibazo cy’umutekano.

img 20230805 wa0060

Yavuze ko itsinda rya Ambasade n’abandi babishinzwe bari kuvugana bya hafi n’Abanyarwanda bari muri ibi bihugu ndetse rikaba ririmo rirakorana bya hafi n’inzego zibishinzwe mu bihugu barimo, hagamijwe gutuma serivisi zikenerwa zibageraho ku gihe no kubaba hafi mu bihe byose.

Ambasade yasabye Abanyarwanda bose gukomeza kuba maso no kubahiriza amabwiriza atangwa n’inzego z’umutekano zo mu bihugu barimo, birinda amakuru adafite gihamya ashobora guteza urujijo.

img 20230805 wa0058

By’umwihariko, yahamagariye Abanyarwanda bariyo muri gahunda z’ubukerarugendo babuze uko bava muri iki gihugu kwiyandikisha kugira ngo bahabwe ubufasha.

Ibihugu byo mu Burasirazuba bwo hagati birimo Qatar, Dubai, Bahrain n’ibindi byafunze ibirere byabyo bitewe n’uko Iran irimo irarasa muri ibi bihugu ahari inyungu za Leta Zunze Ubumwe za Amerika yayigabyeho ibitero ifatanyije na Israel.

img 6475
1772626224394IMG 4289
hand writing with pen black glyph icon vector (1)

@jeyponly

Related Posts

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Umugabo aba ashobora guhindura umugore cyangwa umugore agahindura umugabo igihe cyose ashakiye. Thank you for reading this post, don’t forget to subscribe! Gucana inyuma ntibizwi kuri ibi birwa, abana babonwa…

Read more

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

Raporo nshya yagaragaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye zibizi, igitero cya missile zitageragejwe ngo harebwe ingaruka zazo, ku basivile bo Mujyi wa Lamerd mu majyepfo ya Iran, benshi…

Read more

You Missed

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.