U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

field 22921 26033021434891328 de75a

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ bagaragaje ibyishimo bidasanzwe nyuma yo kwegukana Igikombe cya FIFA Series 2026 mu Itsinda A, bagaragaza ka ari intangiriro nziza z’uko ikipe izatungurana mu minsi iri imbere.

Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!
field 22923 26033022124682913 140ce

Ku wa Mbere, tariki ya 30 Werurwe 2026, ni bwo kuri Stade Amahoro handikiwe amateka yo kwegukana iri rushanwa ryari rikiniwe bwa mbere mu Rwanda ndetse rukaryegukana.

Nyuma y’umukino witabiriwe na Perezida Paul Kagame, abakinnyi bagaragaje imbamutima zidasanzwe, aho kapiteni w’Amavubi, Bizimana Djihad, yavuze ko bishimiye kwandika amateka.

Ati “Twakinnye nk’ikipe hanyuma twubahiriza ibyo umutoza adusaba. Hari igihe amahirwe na yo aza iyo wakoze igikwiye mu gihe gikwiye. Dutwaye igikombe dukora amateka, turishimye cyane.”

“Twahinduye imitekerereze kandi twari tuzi ko turi imbere y’Abanyarwanda, ibyo bidutera imbaraga nk’abakinyi. Igitego cya kabiri twatsinze ni ibyo twigiye mu myitozo, rero harimo imbaraga z’umutoza.”

Mutsinzi Ange yahishuye ko yagize uruhare mu kuzana abakinnyi bashya mu Mavubi kandi bagakora ikinyuranyo ari bo Joy-Lance Mickels, Leroy-Jacques Mickels na Joy-Slayd Mickels.

Ati “Ni abakinnyi beza b’abahanga namwe mwabibonye. Ntabwo nari nzi ko ari Abanyarwanda, gusa naganiriye na bo nsanga ni bo mpita mbahuza n’ubuyobozi. Ni umugisha wo kubagira”

Leroy-Jacques Mickels wabaye umukinnyi mwiza w’irushanwa, yabwiye IGIHE ko ari umunezero udasanzwe kuba ari kubera urugero rwiza Abanyarwanda bakiri bato.

Ati “Urebye abantu bari hano urabona ko tunezerewe, turi hano ngo tubere urugero abana bato. Twakoze akazi keza.”

Haruna Niyonzima wari mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ku nshuro ya mbere atari umukinnyi ahubwo ashinzwe ibikorwa byayo muri iri rushanwa, yavuze ko ikipe yerekana ibidasanzwe bizaba mu minsi iri imbere.

Ati “Ntabwo mwakumva ukuntu nezerewe mu mutima wanjye. Ntabwo nari nsanzwe mu ikipe ntari umukinnyi, bivuze ko ibintu byose ari bishya kandi ndababwiza ukuri y’uko mu minsi iri u Rwanda ruraza gutungurana.”

Ikipe y’u Rwanda yatsinze Estonia ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma, ifite intego zo kuzitabira Igikombe cya Afurika cya 2027 kizakirwa na Kenya ifatanyije na Tanzania na Uganda.

Related Posts

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

Nyuma y’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rutangaje ko rwataye muri yombi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano mu muziki, ibyaha akurikiranyweho byageze kuri birindwi. Thank you for reading this post, don’t…

Read more

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

Inkubi y’umuyaga ivanze n’imvura yibasiye Intara ya Uttar Pradesh iherereye mu majyaruguru y’u Buhinde yahitanye abantu 90 abandi 53 barakomereka. Thank you for reading this post, don’t forget to subscribe!…

Read more

You Missed

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

Yampano yasabiye imbabazi abafungiye gukwirakwiza amashusho ye atera akabariro

Yampano yasabiye imbabazi abafungiye gukwirakwiza amashusho ye atera akabariro

Pfizer yamaganye abatangaje ko urukingo rwayo rwa Covid-19 rutera Hantavirus

Pfizer yamaganye abatangaje ko urukingo rwayo rwa Covid-19 rutera Hantavirus

Urukiko rw’u Bufaransa rwategetse ko iperereza kuri Agathe Kanziga rikomeza

Urukiko rw’u Bufaransa rwategetse ko iperereza kuri Agathe Kanziga rikomeza

Ibyaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Bostwana (Amafoto)

Ibyaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Bostwana (Amafoto)