
Uruganda rukora imiti n’inkingo rwa Pfizer rwanyomoje amakuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko urukingo rwarwo rwa Covid-19 rwafatanyije na BioNTech rurimo ibishobora gutera indwara ya Hantavirus, rugaragaza ko abantu basobanuye nabi inyandiko yari igenewe ikigo gishinzwe ibiribwa n’imiti muri Amerika (FDA).
Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!Ni nyuma y’uko ku mbuga nkoranayambaga zirimo Facebook na X hakwirakwijwe ubutumwa buvuga ko ku rutonde rw’ingaruka z’urukingo rwa Covid-19 rwakozwe n’izo nganda ebyiri harimo ko rushobora no gutera Hantavirus.
Hantavirus ni virusi iva mu mbeba, ari nazo zishobora kuyikwirakwiza binyuze mu mwanda wazo ndetse n’amacandwe.
Iyo virusi itera ibibazo bikomeye mu buhumekero, aho uwanduye arangwa no kubanza kugira umuriro, kurwara umutwe, kubabara mu ngingo, kuruka, kubabara mu nda, gucibwamo, isereri n’ibindi.
Ni indwara iri kugarukwaho cyane mu buvuzi nyuma y’uko mu minsi ishize abantu batatu ibahitanye ubwo bari mu bwato bwo mu Buholandi bwitwa MV Hondius bwari buturutse muri Argentine bwerekeza muri Cape Verde, ariko buza guhindura icyerekezo bitewe n’icyo kibazo.
Nyuma y’izo mpfu, abantu bongeye kugaruka kuri iyo virusi ku mbuga nkoranyambaga ndetse amwe mu makuru yakwirakwiye cyane kuri yo ni uko kimwe mu bishobora kuyitera harimo n’urukingo rwa Covid-19 rwakozwe na Pfizer ifatanyije na BioNTech rwitwa Comirnaty.
Uruganda rwa Pfizer rwasobanuye ko inyandiko abantu bagendeyeho bakwirakwiza ayo makuru ari igaragaza urutonde rw’ibibazo byose by’ubuzima byagaragaye ku bantu bahawe urwo rukingo hagati y’Ukuboza 2020 na Gashyantare 2021.
Ni urutonde rugaragara mu nyandiko Pfizer yoherereje FDA ya Amerika isobanura imiterere y’uwahawe urukingo n’ibibazo by’ubuzima byose abaruhawe bagaragaje ariko hatitawe ku kuba byaratewe na rwo cyangwa cyangwa se byaratewe n’indi mpamvu.
Ni ibisobanuro urwo ruganda rwatanze kugira ngo Amerika yemeze urwo rukingo burundu kuko rwari rwemejwe mu buryo bw’ibanze mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya Covid-19.
Kuri urwo rutonde rw’ibibazo byagaragaye ku bantu bahawe urwo rukingo harimo na Hantavirus ariko bitavuze ko ari rwo rwayiteye kuko ari ibibazo muri rusange umuntu yagaragaje nyuma yo gukingirwa bishobora no kuba ubundi burwayi afite.
Umuvugizi wa Pfizer yagize ati “Iyi nyandiko ntabwo yemeza ko urukingo rwacu rwateye Hantavirus. Impamvu ni uko urutonde rwari rukubiyemo ibibazo byose byagaragaye muri icyo gihe, kabone n’iyo nta sano byari bifitanye n’urukingo.”
Yongeyeho ko kandi urukingo rwabo rwa Covid-19 bafanyije na BioNTech nta virusi nzima irimo.
Iyo nyandiko yateje impaka nubwo igice abantu bagendeyeho ari kimwe muri paji zayo, hari ahandi hari ibisobanuro bigaragaza ko ibyo bibazo byose byanditswe bitavuze ko byatewe n’urukingo.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, na zimwe mu nzego z’Ubuzima muri Amerika byemeza ko Hantavirus ari indwara isanzwe izwi kandi idafitanye isano n’inkingo za Covid-19.
Reuters yavuze ko nyuma y’igenzura ryimbitse ryakozwe n’u Bwongereza ku rukingo Comirnaty, rwahawe uburenganzira busesuye bwo gukoreshwayo mu 2022, kandi ko mu ngaruka zarwo zemejwe nta Hantavirus irimo.





