Miss Muyango yasubije KNC wavuze ko ‘Guhostinga’ ari uburaya kandi arakazi

1769158429108uwase muyango 1769158190172

Uwase Muyango Claudine wegukanye ikamba rya Miss Photogenic mu irushanwa rya Miss Rwanda 2019, yumvikanishije ko atemeranya n’imvugo ya Kakooza Nkuriza Charles (KNC) wavuze ko akazi kazwi nko ‘guhostinga’ ari uburaya.

Ibi Muyango yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda mbere y’uko yerekeza mu Mujyi wa Brussels mu Bubiligi, aho yagiye kuyobora igitaramo kizahuza abahanzi barimo Bruce Melodie na Sheebah Karungi, giteganyijwe ku wa 7 Werurwe 2026.

Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!

Kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Werurwe 2026, Muyango yahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, atangira urugendo rwerekeza i Burayi, mu gihe ku mbuga nkoranyambaga hakomeje impaka ku bijyanye n’akazi ko ‘guhostinga’, gakunze gukorwa n’abakobwa benshi mu birori n’ibitaramo.

Mu minsi ishize, KNC washinze ikipe ya Gasogi United, yumvikanye kuri Radio/TV1 ayobora, avuga ko kuri we ‘guhostinga’ ari uburaya. Iyi mvugo ye yakuruye impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bayishyigikiye abandi bakayamagana.

Ni amagambo atarakiriwe kimwe, cyane cyane n’abakora aka kazi bavuga ko ari umwuga wemewe kandi ubatunze.

Agaruka kuri ayo magambo, Muyango yavuze ko atishimiye uburyo aka kazi kagereranywa n’uburaya, ashimangira ko nta muntu ukwiye kuninura cyangwa gutesha agaciro umurimo w’undi.

Yagize ati “Ni tukajye dusebya ibintu abantu bakora, sibyo. Kubera ko nanjye Muyango ntabwo ndi hasi ku buryo ntashobora kugenda ngo nshake ikintu kwa KNC nza nkavuga kandi kikamenyekana, rero ntabwo ari uko njyewe nteye. (Gusa) ntabwo twemeranya.”

1769158143150uwase muyango 1769157994490

Mu magambo ye, yumvikanishije ko buri wese akwiye kubahwa ku murimo akora, cyane cyane iyo ari akazi kemewe n’amategeko kandi kagamije gutanga serivisi mu birori no mu bitaramo.

Iyi ngingo ya ‘guhostinga’ yakomeje kuvugisha benshi, aho bamwe bagaragaza ko hari abitiranya aka kazi n’imyitwarire y’abantu ku giti cyabo, mu gihe abandi basaba ko habaho gutandukanya umwuga n’imyitwarire y’umuntu.

Ku ruhande rwa Muyango, agaragaza ko akazi ko kuyobora ibirori (MC/Host) ari umwuga ukeneye ubunyamwuga, icyizere no kumenya guhuza abantu, kandi ko atari byiza kuwusiga icyasha rusange.

Mu gihe impaka zigikomeje, ikigaragara ni uko iyi mvugo ya KNC yateje ibiganiro bigari ku gaciro n’isura by’umurimo wa ‘hostess’ mu Rwanda, aho bamwe basaba ko hafatwa umwanya wo kuwusobanukirwa kurushaho, aho kuwucira urubanza rusange.

Ku rwego mpuzamahanga, akazi ko hosting/hostess (Event Hosting & Brand Promotion) gafatwa nk’umwuga wemewe kandi ugenzurwa n’amategeko, atari ikintu gifitanye isano n’uburaya nk’uko hari abajya babivuga.

Ku rwego mpuzamahanga, ntibavanga umwuga n’imyitwarire bwite y’umuntu. Niba hari umuntu ukoresha nabi amahirwe ari mu kazi, afatwa nk’umuntu ku giti cye, ntibifatwe nk’isura rusange y’umwuga.

1772660698611uwase muyango 1772658906061

Nubwo ari umwuga wemewe, hari ibihugu byagiye bigira impaka ku buryo bamwe mu bakoresha ‘abahostess’ bibanda ku isura kurusha ubushobozi.

Ku rwego mpuzamahanga, guhostinga si uburaya, ahubwo ni umwuga wo mu rwego rw’imyidagaduro, itumanaho n’ikorwa ry’ibirori.

Impaka zishobora kubaho bitewe n’imyumvire y’abantu cyangwa umuco runaka, ariko mu mategeko no mu mikorere isanzwe, ni akazi kemewe kandi gafite agaciro ku isoko ry’umurimo ku Isi.

1772660834085uwase muyango 1772660755137

Mu gihe impaka zikomeje ku mbuga nkoranyambaga, Muyango yasobanuye ko ‘guhostinga’ ari umwuga usaba ubunyamwuga n’icyizere, asaba abantu gutandukanya umwuga n’imyitwarire y’umuntu ku giti cye

Miss Muyango yahagurutse i Kigali yerekeza i Burayi aho agiye kuyobora igitaramo kizahuza Bruce Melodie na Sheebah Karungi i Brussels, mu gitaramo gitegerejwe n’Abanyarwanda n’inshuti z’umuziki nyarwanda baba ku mugabane w’u Burayi

hand writing with pen black glyph icon vector (1)

@jeyponly

Related Posts

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Umugabo aba ashobora guhindura umugore cyangwa umugore agahindura umugabo igihe cyose ashakiye. Thank you for reading this post, don’t forget to subscribe! Gucana inyuma ntibizwi kuri ibi birwa, abana babonwa…

Read more

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

Raporo nshya yagaragaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye zibizi, igitero cya missile zitageragejwe ngo harebwe ingaruka zazo, ku basivile bo Mujyi wa Lamerd mu majyepfo ya Iran, benshi…

Read more

You Missed

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.