Perezida Kagame yakurikiye umukino wa Paris Saint-Germain na Bayern Munchen 

d1e5b0da 6e75 4cf5 bc5e c05e77ec1baa

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yakurikiye umukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, wahuje Paris Saint-Germain na Bayern Munchen. 

Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!

Ni umukino wakinwe mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 28 Mata 2026, ukinirwa kuri Stade ya Parc des Princes ndetse ukurikirwa n’abarimo Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa, Perezida wa Paris Saint Germain Nasser Al-Khelaïfi n’abandi. 

Iminota 90 y’umukino yarangiye Paris Saint-Germain itsinze Bayern Munchen ibitego 5-4.

Ibitego bya Paris Saint Germain byatsinzwe na Khvicha Kvaratskhelia watsinze bibiri, João Neves watsinze kimwe, na Ousmane Dembélé watsinze bibiri, mu gihe ibya Bayern Munich byatsinzwe na Harry Kane, Michael Olise, Dalot Opamecanoo na Luis Díaz.

Uyu mukino wanditse amateka yo kubonekamo ibitego byinshi nyuma y’uwa ½ muri European Cup wo mu 1960, Eintracht Frankfurt yatsinzemo Rangers 6-3.

Umukino wo kwishyura uzabera mu Budage kuri Allianz Arena, ku wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi 2026.

Paris Saint Germain yageze muri ½ isezereye Liverpool yo mu Bwongereza ku giteranyo cy’ibitego 4-0 mu mukino wabaye ku wa 14 Mata 2026. 

Yifashishije imbuga nkoranyambaga ze, Umukuru w’Igihugu ku wa 15 Mata 2026 yashimiye iyi kipe yageze muri iki cyiciro, n’izindi kipe z’abafatanyabikorwa ba Visit Rwanda. 

Yagize ati: “Twishimiye abafatanyabikorwa ba Visit Rwanda, Paris Saint-Germain F.C. na Atlético de Madrid, ku ntsinzi bagezeho. Bagaragaje umukino mwiza cyane kandi bakwiriye umusaruro babonye. Tubifurije amahirwe masa mu cyiciro gikurikiraho.”

Ikipe ya Paris Saint-Germain isanzwe ifitanye imikoranire na Leta y’u Rwanda binyuze muri gahunda ya ‘Visit Rwanda’ kuva 2019, ikaba yaravuguruwe mu mwaka ushize wa 2025 aho iyo mikoranire izageza mu 2028. 

Ni amasezerano agena ko PSG yamamaza Visit Rwanda ku kibuga cyayo, Parc des Princes, ndetse ikambara imyambaro yanditseho Visit Rwanda mu gihe iri mu myitozo.

313af71a 7ba0 4999 82dc b3b23978ec95 768x1024

Perezida Kagame yarebye umukino wa UEFA Champions League PSG yatsinzemo Bayern Munchen

67c8b709 72ba 42fa 878a b72fa5381441 768x512

Perezida Paul Kagame yahawe impano na Perezida wa PSG, Nasser Al-Khelaifi

e9ec3398 2fa8 4503 9409 c79c64c7cc59 768x1024

Ubwo Perezida Kagame yari akurikiye umukino Paris Saint-Germain yatsinzemo Bayern Munich

72025538 18d9 42e1 9b0d 055df18d4f68 1024x683

Ubwo Perezida Kagame yari akurikiye umukino Paris Saint-Germain yatsinzemo Bayern Munich

54a02c5f f672 48b9 8197 8850239c2f73 768x1024

Paris Saint Germain yatsinze Bayern Munchen ibitego 5-4 imbere ya Perezida Kagame

Related Posts

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

Nyuma y’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rutangaje ko rwataye muri yombi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano mu muziki, ibyaha akurikiranyweho byageze kuri birindwi. Thank you for reading this post, don’t…

Read more

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

Inkubi y’umuyaga ivanze n’imvura yibasiye Intara ya Uttar Pradesh iherereye mu majyaruguru y’u Buhinde yahitanye abantu 90 abandi 53 barakomereka. Thank you for reading this post, don’t forget to subscribe!…

Read more

You Missed

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

Yampano yasabiye imbabazi abafungiye gukwirakwiza amashusho ye atera akabariro

Yampano yasabiye imbabazi abafungiye gukwirakwiza amashusho ye atera akabariro

Pfizer yamaganye abatangaje ko urukingo rwayo rwa Covid-19 rutera Hantavirus

Pfizer yamaganye abatangaje ko urukingo rwayo rwa Covid-19 rutera Hantavirus

Urukiko rw’u Bufaransa rwategetse ko iperereza kuri Agathe Kanziga rikomeza

Urukiko rw’u Bufaransa rwategetse ko iperereza kuri Agathe Kanziga rikomeza

Ibyaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Bostwana (Amafoto)

Ibyaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Bostwana (Amafoto)