Beyoncé yabyitabiriye nyuma y’imyaka 10: Uko ibyamamare byaserutse mu birori bya Meta Gala 2026

1777962714991a8b9d2a0 482b 11f1 b55d 0f258dce1735

Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!

Ibirori bya Met Gala by’uyu mwaka wa 2026 byongeye kugaragaza impamvu bifatwa nk’ijoro rikomeye kurusha andi mu bijyanye n’imideli ku Isi, aho ibyamamare byahurije hamwe imbaraga mu kwerekana udushya twihariye dushingiye ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Costume Art”.

Ibi birori ngarukamwaka bigamije gukusanya inkunga igenewe ‘Metropolitan Museum of Art Costume Institute’, byabaye umwanya wihariye ku byamamare n’abanyamideli wo kugaragaza ibihangano byabo mu buryo buhambaye kandi butangaje.

Uyu mwaka watangiye mu buryo budasanzwe, aho umuhanzi wo ku rubyiniro rwa Broadway, Joshua Henry, yafunguye itapi itukura aririmba indirimbo “I Wanna Dance With Somebody” ari kumwe n’itsinda ry’abacuranzi n’ababyinnyi, ku ntambwe zizwi cyane z’iyi nyubako zari zateguwe mu buryo bw’ubusitani bwiza.

Abari bayoboye ibi birori (co-chairs) harimo Beyoncé, Nicole Kidman, Venus Williams ndetse na Anna Wintour, bose bakaba baragize uruhare mu gutuma uyu mwaka urushaho kuba uwihariye.

Ku itapi itukura hagaragaye ibyamamare byinshi birimo Naomi Osaka, Angela Bassett, Madonna na Sabrina Carpenter, buri wese agaragaza imyambarire itangaje. Hari n’abatari kumenyekana byoroshye kubera uko bitabiriye bajyanishije n’insanganyamatsiko, barimo Bad Bunny, Heidi Klum na Katy Perry.

Nyuma y’imyaka 10 adakandagira muri ibi birori, Beyoncé yagarutse mu buryo bwavugishije benshi, yambaye umwambaro wakozwe n’umunyamideli w’Umufaransa Olivier Rousteing.

Uyu mwambaro wari ufite igishushanyo cy’amagufa (skeleton) cyarimbishijwe cyane, wongeraho n’umwenda munini w’amababa watumye agaragara nk’uwambaye igihangano cyihariye.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko yishimiye kongera kwitabira ibi birori, cyane ko yari kumwe n’umugabo we Jay-Z n’umukobwa wabo Blue Ivy Carter ufite imyaka 14, akaba ari umwe mu bitabiriye bakiri bato cyane, kuko ubusanzwe abitabira baba bagomba kuba bafite nibura imyaka 18.

Nk’uko bisanzwe bigenda, Rihanna n’umukunzi we A$AP Rocky banyuze ku itapi itukura nyuma y’abandi bose. Rihanna yari yambaye umwambaro wa Maison Margiela wakozwe na Glenn Martens, wari wuzuyeho imitako myinshi itangaje.

Ku ruhande rwa A$AP Rocky, yari yambaye imyambaro ya Chanel igizwe n’ikoti ry’iroza rifite udukomo tw’umukara, ibintu byamuhaye isura yihariye.

Umuhanzi Bad Bunny nawe yitabiriye mu buryo bwatunguranye, aho yisize ibirungo by’ubwiza “make-up” imuhindura nk’umusaza, ariko ukigaragaza ubushongore n’uburyo yihariye mu myambarire.

Muri rusange, Met Gala 2026 yongeye kwerekana ko ari urubuga rukomeye ruhuza imyidagaduro n’imideli, aho ibyamamare bitajya bihurira gusa ku kugaragara neza, ahubwo no ku kugaragaza ubuhanzi n’ubutumwa bunyura mu myambarire yabo.

f4ae28c0 481a 11f1 b55d 0f258dce1735.jpg

Beyoncé agarutse muri Met Gala 2026 nyuma y’imyaka 10, yaserutse ari kumwe na Jay-Z n’umukobwa wabo Blue Ivy Carter

e1e364a0 4822 11f1 ac78 2112837ce2aa.jpg

Rihanna yongeye kwerekana ko ari umwamikazi w’imideli atambuka bwa nyuma  ku itapi itukura ya Met Gala 2026 mu mwambaro w’akataraboneka

A$AP Rocky yaserutse mu buryo bwihariye, ashimangira ko nawe ari umwe mu bagabo bayoboye imyambarire ku rwego mpuzamahanga

108374897 15789715 image a 149 1777941346342
108375769 15789715 image a 181 1777943786501

Beyoncé, umugabo we n’umwana bongeye guhurira ku rubyiniro rw’imideli, bakora ibisa n’ihangana ry’udushya twavugishije benshi

108376005 15789715 image a 187 1777944837142

Ku nshuro nk’iya kera, Rihanna na A$AP Rocky ni bo basoje Met Gala 2026, basiga benshi bagikomeza kubaganiraho

3325bfd0 480e 11f1 bd52 e755d604ece4.jpg
64227d80 480e 11f1 ac78 2112837ce2aa.jpg
b884f6e0 4819 11f1 b55d 0f258dce1735.jpg
6ebaef10 480f 11f1 ac78 2112837ce2aa.jpg
eacbf360 480f 11f1 bd52 e755d604ece4.jpg
aeba7920 4817 11f1 ac78 2112837ce2aa.jpg
13d2a760 481d 11f1 bd52 e755d604ece4.jpg
58b950a0 481c 11f1 b55d 0f258dce1735.jpg
d71ccd40 4818 11f1 bd52 e755d604ece4.jpg
d180dcd0 47fc 11f1 b55d 0f258dce1735.jpg
eafe7ea0 481b 11f1 b55d 0f258dce1735.jpg
108374523 15789715 image a 165 1777942664399
1777962714991a8b9d2a0 482b 11f1 b55d 0f258dce1735

Related Posts

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

Nyuma y’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rutangaje ko rwataye muri yombi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano mu muziki, ibyaha akurikiranyweho byageze kuri birindwi. Thank you for reading this post, don’t…

Read more

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

Inkubi y’umuyaga ivanze n’imvura yibasiye Intara ya Uttar Pradesh iherereye mu majyaruguru y’u Buhinde yahitanye abantu 90 abandi 53 barakomereka. Thank you for reading this post, don’t forget to subscribe!…

Read more

You Missed

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

Yampano yasabiye imbabazi abafungiye gukwirakwiza amashusho ye atera akabariro

Yampano yasabiye imbabazi abafungiye gukwirakwiza amashusho ye atera akabariro

Pfizer yamaganye abatangaje ko urukingo rwayo rwa Covid-19 rutera Hantavirus

Pfizer yamaganye abatangaje ko urukingo rwayo rwa Covid-19 rutera Hantavirus

Urukiko rw’u Bufaransa rwategetse ko iperereza kuri Agathe Kanziga rikomeza

Urukiko rw’u Bufaransa rwategetse ko iperereza kuri Agathe Kanziga rikomeza

Ibyaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Bostwana (Amafoto)

Ibyaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Bostwana (Amafoto)