Umukinnyi wa Nollywood Solomon Akiyesi, yitabye Imana

whatsapp image 2026 04 28 at 09.57.07

Umukinnyi wa filimi wabifatanyaga n’ubucuruzi wamenyekanye mu gukina izo muri Nigeria ari na ho avuka, Solomon Akiyesi yitabye Imana ibintu byababaje abakunzi b’ibikorwa bye, umuryango n’inshuti.

Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!

Inkuru y’akababaro yamenyekanye ku wa Mbere tariki 27 Mata 2026 itangajwe na Perezida w’ishyirahamwe ry’abakinnyi ba filimi muri Nigeria (Actors Guild of Nigeria – AGN) Abubakar Yakubu wemeje ko koko yitabye Imana kandi yamaze kujyanwa mu buruhukiro.

Yagize ati: “Yego, ni byo. Solomon Akiyesi yapfuye ejo. Yararyamye ntiyongera gukanguka. Turacyategereje amakuru arambuye aturutse mu muryango we. Umurambo we uri mu buruhukiro i Abuja, aho ibyo byabereye.”

Solomon Akiyesi yavukiye muri Leta ya Edo, mu gace ka Akoko-Edo/Ososo, yitabye Imana yari afite imyaka 66, imyaka myinshi yayimaze akina Filimi muri Nollywood aho yagaragaye muri filimi zitandukanye akaba yitabye Imana afite imyaka 84.

Zimwe muri Filime yakinnyemo zakunzwe zirimo ‘Heart of a Saint’, ‘Desperate Ladies’, ‘Pretty Liar’s, ‘Bridge of Contract’ n’izindi.

Kugeza ubu icyateye urwo rupfu ntikiratangazwa kuko ni urupfu rwatunguranye cyane ku Banya-Nigeria, benshi bagaragaza akababaro no kutabyemera, mu gihe ubutumwa bwo kumwibuka no kumuha icyubahiro bukomeje kwisukiranya nyuma y’ayo makuru ababaje.

solomon akiyesi yitabye imana ku myaka 84

Related Posts

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

Nyuma y’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rutangaje ko rwataye muri yombi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano mu muziki, ibyaha akurikiranyweho byageze kuri birindwi. Thank you for reading this post, don’t…

Read more

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

Inkubi y’umuyaga ivanze n’imvura yibasiye Intara ya Uttar Pradesh iherereye mu majyaruguru y’u Buhinde yahitanye abantu 90 abandi 53 barakomereka. Thank you for reading this post, don’t forget to subscribe!…

Read more

You Missed

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

Yampano yasabiye imbabazi abafungiye gukwirakwiza amashusho ye atera akabariro

Yampano yasabiye imbabazi abafungiye gukwirakwiza amashusho ye atera akabariro

Pfizer yamaganye abatangaje ko urukingo rwayo rwa Covid-19 rutera Hantavirus

Pfizer yamaganye abatangaje ko urukingo rwayo rwa Covid-19 rutera Hantavirus

Urukiko rw’u Bufaransa rwategetse ko iperereza kuri Agathe Kanziga rikomeza

Urukiko rw’u Bufaransa rwategetse ko iperereza kuri Agathe Kanziga rikomeza

Ibyaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Bostwana (Amafoto)

Ibyaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Bostwana (Amafoto)