
Mu bitabiriye iki gitaramo batashye bemeye uyu muhanzi harimo na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mu Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.
Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!Abinyujije ku rukuta rwe rwa ‘X’, Amb. Nduhungirehe yavuze ko yitabiriye ibitaramo byinshi muri BK Arena ariko icya Doja Cat ari icya mbere mu gususurutsa abantu.
Ati “Nitabiriye ibitaramo byinshi muri BK Arena ariko rwose iki nicyo cyari icyiza kurusha ibindi byose nigeze kuharebera, haba mu mikorere no mu myidagaduro. Doja Cat ni umuhanzi udasanzwe rwose, ufite imbaraga n’udushya byihariye ku Isi.”
Nduhungirehe yavuze ibi mu gihe benshi mu bitabiriye iki gitaramo barimo abagiye batazi neza umuziki we ariko batashye banyuzwe kubera ubuhanga n’imbaraga nyinshi Doja Cat yakoresheje.
Mu gihe cy’isaha n’igice irenga ari ku rubyiniro, Doja Cat yasusurukije abakunzi be mu ndirimbo ze nka ‘Paint the town red’, ‘Woman’, ‘Get into it (Yuh)’, ‘Agora hills’, ‘Say so’, ‘Cards’, ‘Gorgeous’, ‘Take me dancing’ n’izindi nyinshi.
Nyuma yo gutaramira i Kigali, Doja Cat uri no muri gahunda yo kumvisha abakunzi be album ye nshya yise ‘Tour ma vie’ ategerejwe mu gitaramo kizabera muri Afurika y’Epfo ku wa 20 Werurwe 2026.







