Mu ijoro ryakeye ryo ku wa 17 Werurwe 2026 Doja Cat wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yataramiye i Kigali mu gitaramo cya ‘Move Afrika’ aho yavuye buri wese mu bacyitabiriye amukuriye ingofero.

saveclip app 652070944 18569159689060873 6564090915302468685 n 25cab

Mu bitabiriye iki gitaramo batashye bemeye uyu muhanzi harimo na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mu Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!

Abinyujije ku rukuta rwe rwa ‘X’, Amb. Nduhungirehe yavuze ko yitabiriye ibitaramo byinshi muri BK Arena ariko icya Doja Cat ari icya mbere mu gususurutsa abantu.

Ati “Nitabiriye ibitaramo byinshi muri BK Arena ariko rwose iki nicyo cyari icyiza kurusha ibindi byose nigeze kuharebera, haba mu mikorere no mu myidagaduro. Doja Cat ni umuhanzi udasanzwe rwose, ufite imbaraga n’udushya byihariye ku Isi.”

Nduhungirehe yavuze ibi mu gihe benshi mu bitabiriye iki gitaramo barimo abagiye batazi neza umuziki we ariko batashye banyuzwe kubera ubuhanga n’imbaraga nyinshi Doja Cat yakoresheje.

Mu gihe cy’isaha n’igice irenga ari ku rubyiniro, Doja Cat yasusurukije abakunzi be mu ndirimbo ze nka ‘Paint the town red’, ‘Woman’, ‘Get into it (Yuh)’, ‘Agora hills’, ‘Say so’, ‘Cards’, ‘Gorgeous’, ‘Take me dancing’ n’izindi nyinshi.

Nyuma yo gutaramira i Kigali, Doja Cat uri no muri gahunda yo kumvisha abakunzi be album ye nshya yise ‘Tour ma vie’ ategerejwe mu gitaramo kizabera muri Afurika y’Epfo ku wa 20 Werurwe 2026.

saveclip app 653534890 18569159668060873 4234892633170986529 n b8a68

Related Posts

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Umugabo aba ashobora guhindura umugore cyangwa umugore agahindura umugabo igihe cyose ashakiye. Thank you for reading this post, don’t forget to subscribe! Gucana inyuma ntibizwi kuri ibi birwa, abana babonwa…

Read more

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

Raporo nshya yagaragaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye zibizi, igitero cya missile zitageragejwe ngo harebwe ingaruka zazo, ku basivile bo Mujyi wa Lamerd mu majyepfo ya Iran, benshi…

Read more

You Missed

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.