Kuri uyu wa 21 Werurwe 2026, Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na Dr. William Samoei Ruto wa Kenya batangije ibikorwa byo kongera umuhanda wa gari ya moshi uzahuza ibihugu byombi, ukazakomereza mu Rwanda.

229c299a7458a53efa3a385e213994

Uyu muhanda unyura mu karere ka Naivasha, Kisumu na Malaba muri Kenya. Biteganyijwe ko uzahava ukomereze i Kampala, hanyuma hatangire ibikorwa byo kuwumanura werekeza ku Rwanda.

Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!

Biteganyijwe kandi ko uyu muhanda uzakomereza i Bujumbura mu Burundi, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, muri Sudani y’Epfo no muri Repubulika ya Centrafrique.

Perezida Museveni yagize ati “Tuzahera Malaba dukomereze Kampala, hanyuma tuve Kasese tugere Mpondwe, dukomereze muri RDC. Tuzanubaka umuhanda wa gari ya moshi kuva muri Tororo dukomereze Gulu, dufate Nimule tujye i Juba, hanyuma uve Bihanga ugere i Kigali.”

Perezida Ruto yasobanuye ko uretse gufasha urubyiruko kubona akazi, uyu muhanda wa gari ya moshi uzafasha umuryango wa Afurika y’iburasirazuba gushyira imbaraga mu bufatanye mu rwego rw’ubukungu, woroshye imigenderane.

Ati “Uzoroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu kuva Mombasa, gukomereza Nairobi, unyure Kampala ukomereze muri RDC, unyure mu Rwanda ukomereze mu Burundi, ugere muri Sudani y’Epfo, uhindure urugendo rwamaraga iminsi rufate amasaha.”

Biteganyijwe ko ku ruhande rwa Kenya na Uganda, uyu muhanda uzongerwaho kilometero 643, ukazatwara miliyari 8,5 z’Amadolari ya Amerika.

mus rut 49ba8

Related Posts

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

Nyuma y’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rutangaje ko rwataye muri yombi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano mu muziki, ibyaha akurikiranyweho byageze kuri birindwi. Thank you for reading this post, don’t…

Read more

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

Inkubi y’umuyaga ivanze n’imvura yibasiye Intara ya Uttar Pradesh iherereye mu majyaruguru y’u Buhinde yahitanye abantu 90 abandi 53 barakomereka. Thank you for reading this post, don’t forget to subscribe!…

Read more

You Missed

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

Yampano yasabiye imbabazi abafungiye gukwirakwiza amashusho ye atera akabariro

Yampano yasabiye imbabazi abafungiye gukwirakwiza amashusho ye atera akabariro

Pfizer yamaganye abatangaje ko urukingo rwayo rwa Covid-19 rutera Hantavirus

Pfizer yamaganye abatangaje ko urukingo rwayo rwa Covid-19 rutera Hantavirus

Urukiko rw’u Bufaransa rwategetse ko iperereza kuri Agathe Kanziga rikomeza

Urukiko rw’u Bufaransa rwategetse ko iperereza kuri Agathe Kanziga rikomeza

Ibyaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Bostwana (Amafoto)

Ibyaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Bostwana (Amafoto)