Kuri uyu wa 21 Werurwe 2026, Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na Dr. William Samoei Ruto wa Kenya batangije ibikorwa byo kongera umuhanda wa gari ya moshi uzahuza ibihugu byombi, ukazakomereza mu Rwanda.

229c299a7458a53efa3a385e213994

Uyu muhanda unyura mu karere ka Naivasha, Kisumu na Malaba muri Kenya. Biteganyijwe ko uzahava ukomereze i Kampala, hanyuma hatangire ibikorwa byo kuwumanura werekeza ku Rwanda.

Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!

Biteganyijwe kandi ko uyu muhanda uzakomereza i Bujumbura mu Burundi, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, muri Sudani y’Epfo no muri Repubulika ya Centrafrique.

Perezida Museveni yagize ati “Tuzahera Malaba dukomereze Kampala, hanyuma tuve Kasese tugere Mpondwe, dukomereze muri RDC. Tuzanubaka umuhanda wa gari ya moshi kuva muri Tororo dukomereze Gulu, dufate Nimule tujye i Juba, hanyuma uve Bihanga ugere i Kigali.”

Perezida Ruto yasobanuye ko uretse gufasha urubyiruko kubona akazi, uyu muhanda wa gari ya moshi uzafasha umuryango wa Afurika y’iburasirazuba gushyira imbaraga mu bufatanye mu rwego rw’ubukungu, woroshye imigenderane.

Ati “Uzoroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu kuva Mombasa, gukomereza Nairobi, unyure Kampala ukomereze muri RDC, unyure mu Rwanda ukomereze mu Burundi, ugere muri Sudani y’Epfo, uhindure urugendo rwamaraga iminsi rufate amasaha.”

Biteganyijwe ko ku ruhande rwa Kenya na Uganda, uyu muhanda uzongerwaho kilometero 643, ukazatwara miliyari 8,5 z’Amadolari ya Amerika.

mus rut 49ba8

Related Posts

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Umugabo aba ashobora guhindura umugore cyangwa umugore agahindura umugabo igihe cyose ashakiye. Thank you for reading this post, don’t forget to subscribe! Gucana inyuma ntibizwi kuri ibi birwa, abana babonwa…

Read more

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

Raporo nshya yagaragaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye zibizi, igitero cya missile zitageragejwe ngo harebwe ingaruka zazo, ku basivile bo Mujyi wa Lamerd mu majyepfo ya Iran, benshi…

Read more

You Missed

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.