Amerika yashyize urumogi mu cyiciro cy’ibitangiriza ubuzima

istock 000035643090 medium d41aa

Kuri uyu wa Kane tariki 23 Mata 2026, Minisitiri w’Ubutabera w’agateganyo, Todd Blanche, yahinduye ibyiciro by’imiti n’ibicuruzwa bisangwamo urumogi, abikura mu cyiciro cya mbere bishyirwa mu cya gatatu kidahungabanya ababikoresha.

Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!

Mu mwaka ushize Trump yasabye ko imwe mu miti n’ibindi nk’urumogi byahindurirwa ibyiciro bibarizwamo kugira ngo horoshywe ubushakashatsi bubishingiyeho.

Gukoresha urumogi ntabwo byemewe muri Amerika. Icyakora leta zitandukanye z’iki gihugu zemeje ko rwakoreshwa mu buvuzi ndetse zishyiraho n’aho rwagurirwa.

Todd Blanche ati “Minisiteri y’Ubutabera iri gukorera ku isezerano rya Donald Trump ryo korohereza Abanyamerika kubona uburyo bw’ubuvuzi butandukanye.”

Yavuze ko guhindurira urumogi icyiciro rwabarizwagamo, byorohereza ubushakashatsi ku bijyanye n’uburyo rutakwangiza, cyane cyane mu guha abarwayi uburyo bwo kwitabwaho ndetse no guha abaganga amakuru yemewe.”

Kuva mu 1970 urumogi rwabarizwaga mu cyiciro cya mbere cy’imiti igenzurwa cyane muri Amerika. Rufatwa nk’urushobora gukoreshwa nabi bikaba byateza ibibazo ndetse ntabwo rwari rwemewe gukoreshwa mu buvuzi.

Related Posts

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

Nyuma y’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rutangaje ko rwataye muri yombi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano mu muziki, ibyaha akurikiranyweho byageze kuri birindwi. Thank you for reading this post, don’t…

Read more

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

Inkubi y’umuyaga ivanze n’imvura yibasiye Intara ya Uttar Pradesh iherereye mu majyaruguru y’u Buhinde yahitanye abantu 90 abandi 53 barakomereka. Thank you for reading this post, don’t forget to subscribe!…

Read more

You Missed

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

Ibyaha Yampano akekwaho byageze kuri birindwi

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

U Buhinde: Inkubi y’umuyaga yishe abantu 90

Yampano yasabiye imbabazi abafungiye gukwirakwiza amashusho ye atera akabariro

Yampano yasabiye imbabazi abafungiye gukwirakwiza amashusho ye atera akabariro

Pfizer yamaganye abatangaje ko urukingo rwayo rwa Covid-19 rutera Hantavirus

Pfizer yamaganye abatangaje ko urukingo rwayo rwa Covid-19 rutera Hantavirus

Urukiko rw’u Bufaransa rwategetse ko iperereza kuri Agathe Kanziga rikomeza

Urukiko rw’u Bufaransa rwategetse ko iperereza kuri Agathe Kanziga rikomeza

Ibyaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Bostwana (Amafoto)

Ibyaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Bostwana (Amafoto)