U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

field 22921 26033021434891328 de75a

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ bagaragaje ibyishimo bidasanzwe nyuma yo kwegukana Igikombe cya FIFA Series 2026 mu Itsinda A, bagaragaza ka ari intangiriro nziza z’uko ikipe izatungurana mu minsi iri imbere.

Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!
field 22923 26033022124682913 140ce

Ku wa Mbere, tariki ya 30 Werurwe 2026, ni bwo kuri Stade Amahoro handikiwe amateka yo kwegukana iri rushanwa ryari rikiniwe bwa mbere mu Rwanda ndetse rukaryegukana.

Nyuma y’umukino witabiriwe na Perezida Paul Kagame, abakinnyi bagaragaje imbamutima zidasanzwe, aho kapiteni w’Amavubi, Bizimana Djihad, yavuze ko bishimiye kwandika amateka.

Ati “Twakinnye nk’ikipe hanyuma twubahiriza ibyo umutoza adusaba. Hari igihe amahirwe na yo aza iyo wakoze igikwiye mu gihe gikwiye. Dutwaye igikombe dukora amateka, turishimye cyane.”

“Twahinduye imitekerereze kandi twari tuzi ko turi imbere y’Abanyarwanda, ibyo bidutera imbaraga nk’abakinyi. Igitego cya kabiri twatsinze ni ibyo twigiye mu myitozo, rero harimo imbaraga z’umutoza.”

Mutsinzi Ange yahishuye ko yagize uruhare mu kuzana abakinnyi bashya mu Mavubi kandi bagakora ikinyuranyo ari bo Joy-Lance Mickels, Leroy-Jacques Mickels na Joy-Slayd Mickels.

Ati “Ni abakinnyi beza b’abahanga namwe mwabibonye. Ntabwo nari nzi ko ari Abanyarwanda, gusa naganiriye na bo nsanga ni bo mpita mbahuza n’ubuyobozi. Ni umugisha wo kubagira”

Leroy-Jacques Mickels wabaye umukinnyi mwiza w’irushanwa, yabwiye IGIHE ko ari umunezero udasanzwe kuba ari kubera urugero rwiza Abanyarwanda bakiri bato.

Ati “Urebye abantu bari hano urabona ko tunezerewe, turi hano ngo tubere urugero abana bato. Twakoze akazi keza.”

Haruna Niyonzima wari mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ku nshuro ya mbere atari umukinnyi ahubwo ashinzwe ibikorwa byayo muri iri rushanwa, yavuze ko ikipe yerekana ibidasanzwe bizaba mu minsi iri imbere.

Ati “Ntabwo mwakumva ukuntu nezerewe mu mutima wanjye. Ntabwo nari nsanzwe mu ikipe ntari umukinnyi, bivuze ko ibintu byose ari bishya kandi ndababwiza ukuri y’uko mu minsi iri u Rwanda ruraza gutungurana.”

Ikipe y’u Rwanda yatsinze Estonia ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma, ifite intego zo kuzitabira Igikombe cya Afurika cya 2027 kizakirwa na Kenya ifatanyije na Tanzania na Uganda.

Related Posts

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Umugabo aba ashobora guhindura umugore cyangwa umugore agahindura umugabo igihe cyose ashakiye. Thank you for reading this post, don’t forget to subscribe! Gucana inyuma ntibizwi kuri ibi birwa, abana babonwa…

Read more

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

Raporo nshya yagaragaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye zibizi, igitero cya missile zitageragejwe ngo harebwe ingaruka zazo, ku basivile bo Mujyi wa Lamerd mu majyepfo ya Iran, benshi…

Read more

You Missed

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.