Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye gukura mu ntambara zihanganyemo na Iran ubwato bunini bwikorera indege, USS Gerald R. Ford, nyuma yo gufatwa n’inkongi ikomeye.

ce96e1ecb7c9a71f8f742c58d7630d

USS Gerald R. Ford ifite ubushobozi bwo gutwara abantu 4000, indege zirenga 75 z’intambara. Ifite ikoranabuhanga rihambaye rigenzura ibibera mu kirere no mu nyanja ndetse n’imbunda ziremereye.

Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!

Ubu bwato bufite agaciro ka miliyari 13 z’Amadolari bwari bumaze iminsi mu Nyanja Itukura. Aho ni ho indege z’intambara bwabaga butwaye zavaga zijya kugaba ibitero muri Iran.

Tariki ya 12 Werurwe 2026, igice kinini cyo kumeseramo imyenda muri ubu bwato cyafashwe n’inkongi y’umuriro, kuyizimya bitwara amasaha agera kuri 30 nk’uko ibinyamakuru birimo The Bloomberg byabitangaje.

Abashinzwe umutekano muri Amerika bemeza ko abantu hafi 200 bari muri ubu bwato bahawe ubutabazi kubera ibibazo bagize bikomoka ku mwotsi watewe n’iyi nkongi, babiri muri bo barakomereka cyane.

Ubu bwato bugiye kuva mu Nyanja Itukura, bwerekeze ku cyambu cya Souda Bay kiri ku kirwa cya Crete mu Bugereki kugira ngo bukanikwe. Aha bwahahagaze by’akanya gato mu mpera za Gashyantare 2026 ubwo bwagiraga ibibazo tekiniki.

Abakurikiranira hafi iyi ntambara bagaragaza ko gukura USS Gerald R. Ford mu Nyanja Itukura bishobora gusiga icyuho gikomeye ku ruhande rwa Amerika kuko indege nyinshi zagabaga ibitero muri Iran ni ho zaturukaga.

Hari amakuru avuga ko mu Nyanja Itukura hashobora koherezwa ubundi bwato bwikorera indege bwa USS George HW Bush kugira ngo buzibe iki cyuho. Ubu bwato bufite agaciro ka miliyari 6,2 z’Amadolari.

ubu bwato bwifashishwaga cyane mu ntambara ya amerika na iran yatangiye tariki ya 28 gashyantare 76aa1

USS Gerald R. Ford yifashishwaga cyane mu ntambara ya Amerika na Iran yatangiye tariki ya 28 Gashyantare

Related Posts

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Umugabo aba ashobora guhindura umugore cyangwa umugore agahindura umugabo igihe cyose ashakiye. Thank you for reading this post, don’t forget to subscribe! Gucana inyuma ntibizwi kuri ibi birwa, abana babonwa…

Read more

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

Raporo nshya yagaragaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye zibizi, igitero cya missile zitageragejwe ngo harebwe ingaruka zazo, ku basivile bo Mujyi wa Lamerd mu majyepfo ya Iran, benshi…

Read more

You Missed

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.