Abakinnyi b’intoranywa bavuye mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika, bagiye guhurira mu irushanwa mpuzamahanga ry’Iteramakofe rya Kigali Fight Night riteganyijwe mu ijoro rya tariki ya 28 Werurwe 2026.

1d5d6e0e8ad830f32a09058e929a42

Kigali Fight Night ni rimwe mu marushanwa akomeye y’Iteramakofe akinwa mu Rwanda, dore ko riheruka kuba mu mwaka ushize wa 2025, gusa rikaba ryari ryiganjemo Abanyarwanda.

Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!

Kuri iyi nshuro ryongeyemo abakinnyi baturuka hanze y’u Rwanda benshi, ndetse rikazaba rikomatanyije n’igitaramo kuko rizaba ririmo abanyamuziki bazafasha abarikurikiye kurushaho kwidagadura.

Kuri iyi nshuro rizabera mu ihururo ry’imihanda hafi ya Kigali Convention Centre na Kigali Height, umwanya watunganyijwe n’Umujyi wa Kigali kugira ngo ujye uberamo ibikorwa bya siporo bikomeye.

Iyi mikino yateguwe n’ikigo cy’imikino cya Silverback Sports, izitabirwa n’abakinnyi bazaturuka muri Uganda, Cameroun, Gabon, Tanzania, Nigeria, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Malawi n’u Rwanda.

Iri rushanwa rizitabirwa n’abatoza bakomeye mu Iteramakofe barimo abaturuka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu bagamije kureba impano z’umukino w’Iteramakofe ziri muri Afurika.

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Iteramakofe mu Rwanda, Ntwari Bashir, yavuze ko iri rushanwa ari amahirwe ku bakinnyi b’Abanyarwanda ndetse n’iterambere ry’umukino.

Ati “Kigali Fight Night irenze kuba ijoro ry’imikino y’Iteramakofe. Ni ikiraro kivana abakinnyi bo mu Rwanda ku gukina bitari kinyamwuga, baba abanyamwuga ku buryo bigaragaza hanyuma Isi yose ikabamenya.”

“Ibikorwa nk’ibi rero kandi bidufasha kubaka umukino wacu, kuzamura urwego rw’amakipe yacu, kuzamura impano no kongera amarushanwa akomeye mu Rwanda.”

Umuyobozi Mukuru wa Silverback Sports, Jermaine Burke, yavuze ko iri rushanwa ari amahirwe kuri benshi usibye abakinnyi.

Ati “Kigali Fight Night ntabwo ari Iteramakofe gusa. Ni uburyo bwo kwifashisha siporo hanyuma abakinnyi bakunguka, ishoramari rigakorwa ndetse n’abaturage bakagira imibereho myiza.”

54913792614 12eb5d2e8a b a1a24

“Kuzana abakinnyi n’abatoza bakomeye ni ukwereka amahanga ko u Rwanda rushobora kuba ahantu heza ho gutegurira amarushanwa akomeye mu Iteramakofe.”

Imikino ikomeye iteganyijwe harimo uwa Tamba Merlin (Cameroun) na Yusufu Changarawe (Tanzania), Jerry Katamba (DRC) na Ali Mkojani (Tanzania), Kingbo Hans (Gabon) na Taafu Odoyi (Uganda).

Hari kandi imikino yo mu cyiciro cy’abagore, aho Daniella Muleketsi (DRC) azakina na Martha Akinyi (Uganda) naho Nene Joy Ojo (Nigeria) ahure na Leila Yazidu (Tanzania).

U Rwanda ruzaba rufitemo abakinnyi barindwi batabigize umwuga. Aba ni bo bazatangira gukina, dore ko amarembo azafungurwa saa Saba z’Amanywa, imikino itangire saa Munani kugeza saa Yine z’Ijoro.

Amatikeari mu byiciro bitatu, aho Diamond Ringside ari ibihumbi 120 Frw, Platinum VIP ikagura ibihumbi 60 Frw, naho Gold Regular ikishyurwa ibihumbi 12 Frw.

54913847105 19334be8d3 b 798b8
54913542831 d902d33010 b 2c01c

Abafana bakunda imikino y’Iteramakofe barahishiwe

Related Posts

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Umugabo aba ashobora guhindura umugore cyangwa umugore agahindura umugabo igihe cyose ashakiye. Thank you for reading this post, don’t forget to subscribe! Gucana inyuma ntibizwi kuri ibi birwa, abana babonwa…

Read more

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ bagaragaje ibyishimo bidasanzwe nyuma yo kwegukana Igikombe cya FIFA Series 2026 mu Itsinda A, bagaragaza ka ari intangiriro nziza z’uko ikipe izatungurana mu minsi…

Read more

You Missed

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.