Umukino utegerejwemo Messi na Yamal ushobora gusubikwa kubera kutumvikana

1773428046222img 4815

Umukino ukomeye wa Finalissima utegerejwemo Lionel Messi na Lamine Yamal ushobora gusubikwa nyuma y’uko habayeho kutumvikana kuri Stade izawakira.

Uyu mukino uhuza ikipe yegukanye igikombe cy’Umugabane w’Iburayi cya Euro na Copa Amerika ukaba uzahuza ikipe y’igihugu ya Argentine na Espagne kuri iyi nshuro. 

Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!

Ubusanzwe wari kuzabera muri Doha mu gihugu cya Qatar, ariko kubera ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwo hagati , hafashwe icyemezo cyo kuwimura.

Nyuma y’aho, impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’i Burayi UEFA no muri Amerika  y’Epfo,CONMEBOL byatekereje ko wakinirwa kuri Santiago Bernabéu Stadium, ikibuga cya Real Madrid giherereye i Madrid muri Spain.

Icyakora, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Argentin ntiryabyemeye. Perezida waryo Claudio Tapia yavuze ko yifuza ko uyu mukino wabera ku kibuga cya Estadio Monumental cy’ikipe ya River Plate giherereye i Buenos Aires muri Argentine. 

1772772875957img 4376

Tapia yavuze ko badashaka ko Spain ibona amahirwe yo gukinira mu rugo, ari na yo mpamvu bashyigikiye ko umukino wabera muri Argentina.

Kuri ubu ibitangazamakuru  bitandukanye byanditse ko kuri ubu hari amahitamo atatu ari kuganirwaho hagati ya UEFA na CONMEBOL. Ayo nu ukuba umukino wabera kuri Santiago Bernabeu,kuba umukino wasubikwa cyangwa gushaka undi mujyi wakwakira umukino, nko muri Lisbon muri Portugal cyangwa i Roma mu Butaliyani.

Ariko kubona ikibuga kiboneka mu gihe gito gisigaye mbere y’uko amakipe ahura biracyari ikibazo, ari na yo mpamvu amahirwe menshi ari uko umukino wasubikwa.

  • Related Posts

    Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

    Umugabo aba ashobora guhindura umugore cyangwa umugore agahindura umugabo igihe cyose ashakiye. Thank you for reading this post, don’t forget to subscribe! Gucana inyuma ntibizwi kuri ibi birwa, abana babonwa…

    Read more

    Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

    Raporo nshya yagaragaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye zibizi, igitero cya missile zitageragejwe ngo harebwe ingaruka zazo, ku basivile bo Mujyi wa Lamerd mu majyepfo ya Iran, benshi…

    Read more

    You Missed

    Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

    Ikaze muri Trobriand, aho abaturage bahinduranya abagabo n’abagore uko babishatse

    Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

    Hagaragajwe uburyo Amerika yarashe ku basivile ba Iran ibigambiriye

    U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

    U Rwanda ruraza gutungurana- Abakinnyi b’Amavubi nyuma yo kwegukana FIFA Series i Kigali

    Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

    Colds Solutions Rwanda yafunguye ikigo gitunganyirizwamo imboga n’imbuto byoherezwa mu mahanga

    Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

    Ibyo wamenya ku bihugu bitanu bitabarizwa muri Loni

    Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.

    Perezida Paul Kagame yashimangiye ko guha umurongo imikorere y’amadini n’amatorero mu Rwanda bitagamije kuyatoteza ahubwo bizatuma akora neza inshingano zayo aho kuba urwaho rw’abiba abaturage.