
Raporo nshya yagaragaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagabye zibizi, igitero cya missile zitageragejwe ngo harebwe ingaruka zazo, ku basivile bo Mujyi wa Lamerd mu majyepfo ya Iran, benshi barahagwa abandi barakomereka.
Thank you for reading this post, don't forget to subscribe!Abahanga mu bijyanye n’intambara bagaragaje ko byakozwe ku wa 28 Gashyantare 2026 ubwo Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byagabaga ibitero kuri Iran. Icyo gihe hakoreshejwe missile yari yubatswe vuba izwi nka PrSM (Precision Strike Missile).
Inzego z’ibanze muri Iran zigaragaza ko iki gitero cyagabwe mu majyepfo y’iki gihugu cyaguyemo abantu 21.
Ni ubusesenguzi bwakozwe na New York Times hashingiwe ku mafoto no ku mashusho y’ibyabereye muri iki gice, bugaragaza ko hashobora kuba harakoreshejwe missile izwi nka PrSM yakozwe n’igisirikare cya Amerika.
Ni missile yakorewe gushwanyaguza ibirenze igipimo yahawe, ikanarekura ibishashi na byo bishobora kwangiza ibindi bintu biri hafi y’aho yarashwe.
Abahanga mu bijyanye n’intambara bagaragaza ko ibikoraremezo bya siporo, ishuri ndetse n’ingo z’abantu zari hafi y’ikigo cya gisirikare byangijwe biharagaza neza ko ari PrSM yakoreshejwe.
Umwe mu bayobozi ba Amerika yabwiye New York Times ko missile yakoreshejwe mu kurasa ku Mujyi wa Lamerd ari PrSM.
Jeffrey Lewis usanzwe ari umuhanga mu bijyanye no gukumira intwaro za nucléaire wo muri Kaminuza ya Middlebury yo muri Leta ya Vermont muri Amerika, ati “Nubwo tuzi ko PrSM yarashwe, ni bwo bwa mbere tubonye aho yangije.”
Frederic Gras uzobereye ibijyanye n’amasasu yagize ati “Urebye uko ibishashi byasakaye n’ibyo byangije ubona ko bihura n’amakuru make ahari ajyanye na PrSM.”
Icyakora Umuyobozi w’Ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati, Capt. Tim Hawkins, yavuze ko ingabo zabo zitarasa ku basivile zibigambiriye ahubwo ari Iran ibikora.






